Hashize imyaka irenga 10 gutwika umurambo w’uwapfuye byemewe mu mategeko y’u Rwanda ariko ubu buryo busa n’ubwatinywe n’abantu bose nyamara bugaragazwa nk’imwe mu nzira zafasha kuzigama ubutaka bwakoreshwaga nk’amarimbi. Irimbi rya Rusororo ni rimwe mu yamamaye kubera urujya n’uruza ruhahora ndetse mu gihe gito nta gikozwe ahashyingurwa abantu basanzwe haba […]
Uncategorized
Urukiko Rukuru rwa Kigali ruri i Nyamirambo, rwasubitse urubanza Uwajamahoro Nadine aregamo ibitaro bya La Croix du Sud uburangare bwatumye umwana we avukana ubumuga. Umucamanza yagaragaje ko mu iburanisha riheruka hari hasabwe ko raporo yakozwe n’urugaga rw’abaganga n’abavuzi b’amenyo mu Rwanda yazifashishwa mu mikirize y’uru rubanza, kandi ababuranyi bose babyemeranyijeho. […]
Mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo hari amakuru yakuye abaturage umutima y’abana babo bafite hagati y’imyaka ine na 13 babuze. Bivugwa ko batwarwa n’undi mwaka w’imyaka nka 14 ariko akaba ataramenyekana ngo avuge aho abajyana. Kubera ubukana bw’iki kibazo, mu Kagari ka Ndatemwa mu Murenge wa Kiramuruzi hagiye kubera inama […]
Umuyobozi Nshingwa bikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Ngabonziza Emmy, yavuze ko mu rwego rwo kwibuka no guha agaciro abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi baroshywe muri Nyabarongo hariho hatekerezwa ku bakwa Urwibutso rujyanye n’igihe, kuburyo abaje kwibuka bazajya babona naho bashyira indabo. Ibi yabigarutseho mu muhango wo gutangiza icyumweru ndetse n’iminsi 100 […]
Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) na Repubulika ya Centrafrique ( MINUSCA) zifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Kuri uyu wa 7 Mata 2024, mu Rwanda no ku Isi yose […]
Tariki ya 8 Mata ni umunsi wa kabiri w’icyumweru cy’icyunamo. Abanyarwanda n’inshuti z’Urwanda bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa. Mu rwego rwo gukomeza kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, menya bimwe byaranze uyu munsi wa kabiri. ubwicanyi no gutwikira Abatutsi byari byatangiriye […]
Abafatanyabikorwa mu mushinga ugamije guteza imbere ubukungu bwisubira mu bijyanye n’uruhererekane rw’ibiribwa batangaje ko hari imishinga mito n’iciriritse ihabwa ubufasha mu bya tekinike kugira ngo ibashe guteza imbere ubukungu bwisubira. Ibi bikorwa mu bijyanye no gutunganya ibiribwa, hagamijwe kongera umusaruro,kubaganya ibyangirika no kubungabunga ibidukikije. Uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa n’Ikigo […]
Umusozi wa Rwamikaba,watengutse, ubutaka n’ibiti byose biramanukana bifunga umugezi wa Rusizi , kuri ubu habarurwa ibifite agaciro ka miliyoni 15 frw. Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuwa Gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2024,mu Midugudu ya Nyamagana na Mugerero yo mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi. Umusozi watengutse ureshya […]
Hegitari eshatu zihinzeho imyaka itandukanye zatwawe n’Inkangu imvura itaguye, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarubaka buvuga na bwo bwatunguwe. Abayobozi bavuga ko hari hegitari 3 z’ubutaka bw’abaturage bwariho ibihingwa bitandukanye bwatwawe n’Inkangu mu buryo butunguranye kuko nta mvura yagwaga.Iki kibazo cy’Inkangu yatwaye ubutaka izuba riva cyabaye mu gitondo cyo ku wa Gatatu […]